ARENA
ISANGANO RW'ABANYARWANA RYO KUBAKA IGIHUGU
PoBox 3958
Merrifield, VA 22116-3958
U.S.A
FAX : 703 206 0589
ITANGAZO
NIMERO 001/3/2001 RIGENEWE ABANYAMAKURU
Komite
mpuzabikorwa ya ARENA yishimiye kumenyesha abanyarwanda bose n’inshuti z’u
Rwanda ivuka ry’Ishyaka rya Politike ryitwa ARENA mu magambo ahinnye.ARENA
ivutse kubera ko u Rwanda rwugarijwe n’ubutegetsibw’igitugu bwa Perezida
Kagame n’akazu ke.
Bimaze
kugaragara neza ko ubutegetsi bwa Perezida Kagame bwananiwe kunga abanyarwanda
nogucyemura ibibazo by’ubukene bimaze kwimonogoza mu gihugu. Ahubwo ubutegetsi
bwa Perezida Kagame bwahisemo inzira y’iterabwoba n‘ubwicanyi ,ruswa no
kunyereza umutungo wa Reta, n’ivangura ry’ingeli nyinshi .
Intego
ya ARENA ni ukubogora ubumwe bw’abanyarwanda no kubaka Reta igendera
kumategeko, kandi igihugu kikayoborwa hashingiwe ku mahame yo Kuba inyangamugayo
, ukuli, n’ubutabera.
Mu
rwegorwa politike, ARENA izagendera ku miyoborere ishingiye ku Inteko Ishinga
Amategeko (Regime Parlementaire). Umukuru wa Guverinoma azaba Minisitiri
w’Intebe. Umukuruw’igihugu azaba Perezida wa Repubulika cyangwa Umwami
bitewe nicyo abanyarwanda bazihitiramo hagati ya Repubulika n’Ubwami. Umukuru
w’igihuguntazivanga mu micungire ya buri munsi y’igihugu , ahubwo azaba
akuriye inzego z’ubutegetsi kandi afite inshingano yo guhuza abanyarwanda.
ARENAishyigikiye
Inteko Ishinga Amategeko ifite imbaraga kandi igizwe n’ amashami abiri: Ishami
ry’intumwa za rubanda n’Ishami ry’Abasenateri.Kimwe n’izindi nzego za
Reta, Inteko Ishinga Amategeko izaba igizwe n’amoko yose. Abari
n’Abategarugori bazashishikarizwa kujya mu myanya yapolitiki no mu zindi nzego
zifatirwamo ibyemezo. Muri iyo myanya nizo nzego, umubare w’abari
n’abategarugori uzaba byibura 30%. Sosiyeti sivili izahabwauruhare ngishwanama
ku zengo nkuru z’ubutegetsi no ku nzengo za politiki zibanze.
Muri
rwego rwo kunga abanyarwanda kuburyo burambye, hakurikijwe kandi ko iki kibazo
ariinsobe, ARENA izashyiraho ubutabera bushingiye ku Kwemera amakosa no gushyira
mu gaciro. Ibyo aribyo byose, abateguye ayo mahano na ba ruharwa bagomba
guhanwaby’intanga rugero. Hazashyirwaho Komisiyo y’Ukuri, Ubutabera
n’Ubwiyunge, ishinzwe kugaragaza ukuli kw‘itsembabwoko ry’Abatutsi,
n’ubwicanyi bwakorewe abahutu.
ARENA
izashyira imbere politikiy’ububanyi n’amahanga n’ ubutwererane ishingiye
ku kubahiriza amasezerano n’amahame mpuzamahanga , kujya inama, no
gukemuraamakimbirane binyuze mu nzira y’amahoro. Niyo mpamvu ARENA isaba ko
ingabo z’u Rwanda ziva muri Congo, kandi ko ibihugu byombi byumvikana ku
nziray’amahoro yo gukemura ikibazo cy’umutekano u Rwanda rufite.
Komite mpuzabikorwa:
Alexandre Kimenyi
Professeur
(916)-683—3356
Joseph Ngarambe
Economiste/Consultant
0320318915
joseph.ngarambe1@libertysurf.fr
Gratien Rudakubana
Concepteur en development de logiciels
(514)-259-0186
Joseph Kabuye Sebarenzi
Ancien Président de l’assemble national du Rwanda
(802)-258-3430
Bikorewe
i Washington, tariki ya 28 Werurwe 2001.
Mwiza rya Komite Mpuzabikorwa,
M. Kamongi Augustin