CP
24024 CSP-POINTE
Montréal Québec H1A4Z2
Canada
ICYUNAMO
CYA CYENDA CYO KWIBUKA ITSEMBABWOKO RYA 1994
Muri uku
kwezi kwa kane k’umwaka 2003, abanyarwanda aho bari
hose ku isi , ari mu Rwanda ari no mu mahanga, bari mu cyunamo bibuka
inzirakarangane zishwe muri 1994 bazira ubwoko bwabo bwo kuba abatutsi
hamwe n’abahutu bahowe kurwanya no kwamagana ubwo bugome burenze kamere.
Iki gikorwa cyo kubibuka buri mwaka ni cyiza kandi kigomba gukomeza kugirango
abanyarwanda bamenye kwubaha ikiremwamuntu no kwubahiriza uburenganzira
bw’umuntu uwo ari we wese. Ni na ngombwa ko bikomeza kugirango tutazava aho twibagirwa
aya marorerwa yabaye mu gihugu cyacu. Kujya mu cyunamo bituma twibuka abacu
bazize akarengane kandi binatuma urubyiruko rw’ejo rushobora kutongera
ibikorwa nk’ibi bigira abantu inyamaswa.
Gushyiraho
itegeko rihana abahakana n’abapfobya itsembabwoko
Ikibabaje
cyakora ni uko n’ubwo isi yose izi ibyabaye mu Rwanda ndetse na Loni ikaba
yarabyemeje ikanashyiraho n’urukiko rugomba guhana abo bagizi ba nabi,
haracyariho abanyarwanda n’abanyamahanga bahakana ko itsembabwoko ryabaye,
cyangwa baripfobya, cyangwa bakavuga ko ari abanyarwanda basubiranyemo Aha baba
bigiza nkana bijijisha biyibagiza ko abishwe n’amasasu, imihoro n’imipanga
bari abana, abakecuru, abasaza, n’abandi bose basanzwe b’abasiviri bahigagwa
aho bihishe hose, batagira kivuna
na gitabara, kandi batanagira n’aho bahuriye na politiki.
Na n’ubu
haracyariho abenshi muri abo bagome, mu gihugu no hanze, bakirakaye, bababajwe
ko hari bake bashoboye kurokoka. Abo bagizi ba nabi, ntacyababuza gukomeza kwica
babiboneye uburyo. Kuvuga ngo « ntibizongera » . »never
again » ni icyifuzo cyiza, nta cyemezo cyakora gihari cyerekana ko
kwongera kurimbura ubwoko bitashobora kugaruka. Kuvana iki gitekerezo burundu mu
mitwe y’abantu bizashoboka gusa igihe hagiyeho leta ishishoza, ihora iri maso,
ireba kure, yubahiriza inyungu z’umunyarwanda uwo ari we wese kandi igendera
ku butabera nyakuri. Nk’uko bimeze mu bihugu bimwe by’i Bulayi, hakwiriye
gushyirwaho itegeko rihana abahakana n’abapfobya itsembabwoko.
Gufasha abarokotse
Ibyo kwibuka cyakora ntibihagije igihe hatari ubushake bwo guhoza abarokotse, igihe hatari ubutabera buhana abakoze amarorerwa, igihe imfubyi zitagira kivugira.
Ubu mu Rwanda
hari imiryango yabayeho imyaka amagana n’amagana none ikaba yarazimye burundu
muri ririya tsembabwoko, ntihagire n’usigaza n’umuntu n’umwe wo kubara
inkuru. Hari abenshi bamugaye kubera inkovu z’imipanga batemwe zitari zakira.
Hari abagore n’abakobwa batewe sida n’interahamwe zabafashe ku ngufu. Hari
abapfakazi benshi batifashije. Imfubyi zitagira kirera zuzuye igihugu. Hari
benshi bahahamutse batagira
ubitayeho. Buri mwaka igihe Leta yubahirije iki cyunamo yari ikwiye kujya
isubiza amaso inyuma, ikereka abanyarwanda icyo yakoze
kugirango abarokotse nabo
bashobore kwongera kuba abanyarwanda nk’abandi.
Gufasha abarokotse si
impuhwe ni bimwe mu byo Leta ishinzwe
Leta iriho n’izindi zizajya ziyisimbura ifite uruhare runini cyane mu guhoza no guha impozamarira abacitse ku icumu. Ntabwo ari ubuntu, impuhwe cyangwa imbabazi kuko ari amategeko igomba kwubahiriza aboneka mu bihugu byose kandi akaba ari no mu mategeko mpuzamahanga. Leta igiyeho igihe cyose igomba gusana ibyo iyo isimbuye yangije, kuriha imyenda yagiyemo n’iyo yaba ntacyo yagiriye igihugu akamaro no guhorera abo yahemukiye.
Nk’ubu Leta y’Ubudage iracyishyura imiryango y’Abayahudi Leta Nazi ya Hitler yahekuye mu ntambara ya kabiri y’isi.
Muri Leta
y’Afrika yo Hepfo, Akanama k’Ukuri n’Ubwiyunge kayobowe na Musenyeri
Desmond Tutu kafashe ibyemezo by’uko Leta iha impozamarira abaturage bose Leta
ya Apartheid yahohoteye. Ako kanama kategetse
Leta umubare w’amafaranga buri
wese agomba guhabwa uko angana. Kanavuze ko uwabonetseho ubugome uwo ari we wese
adashobora kubabarirwa na Leta n’iyo yiyemereye ko ubugome yagize. Ibi byemezo
by’aka kanama, guverinoma ya Perezida Mbeti yemeje kubyubahiriza. Leta ya
Perezida Kagame nayo igomba kugira bwangu ikagena amafaranga uwacitse ku icumu
wese akwiye yo kubafasha muri ibi byago byose baciyemo.
Guhamba
mu cyubahiro ibisigazwa by’inzirakarengane.
Haracyari
imiryango myinshi kubera amikoro make cyangwa kutamenya aho ababo baguye, itari
yashyingura abantu bayo mu cyubahiro. Ibi birababaje kubona imyaka cyenda yose
irangira, iyi mihango itararangira. Leta yari ikwiye kubishyiramo umwete amagufa
yose agashyingurwa. Hari
ibimenyetso byinshi byerekana ko iki gikorwa Leta yakigizeho uburangare. Kubona
aho abantu bagiye bajugunywa cyangwa batabikwa ntibigoye kubera ko abaturage
hafi ya bose bagarutse mu gihugu kandi kuri buri musozi abishe n’aho bashyizwe
hari abantu babikurikiranye
Kumenyekanisha amazina
y’abazize itsembabwoko
Inzirakarengane
z’itsembabwoko zari zifite amazina, inshuti, abavandimwe kandi bari bazwi.
Uburyo bwiza bwo kubibuka kandi budatwaye amafaranga menshi ni ugushyira amazina
yabo ku nkuta z’ibiro by’akarere, minisiteri n’amashuri. Imiryango yishwe
muri buri karere irazwi, abategetsi bashobora kumenya amazina yabo baramutse
babishatse. Byagira akamaro mu gihugu cyose, buri biro by’akarere bifite
urukuta ruriho amazina y’abo bantu bose bishwe mu itsembabwoko.
Minisiteri nazo zizi abantu bazo bishwe icyo gihe, nazo zabigira gutyo.
Mu mashuri yose yo mu Rwanda abarimu n’abanyeshuri bishwe barazwi. Nayo
yagombaga kubibuka aciye muri izo nzira. Muri univerisite y’u Rwanda, i Butare,
abarimu n’abanyeshuri bishwe
n’abicanyi nabo barazwi. Naho ayo mazina ashobora
gushyirwa ku rukuta muri amwe mu mazu y’icyo kigo. Gushyira aya mazina
hose bituma iki cyunamo kigira icyo kivuga, bikanatera n’amatsiko ku rubyiruko
rukarushaho kumenya abo bantu igihugu cyose cyibuka. Gukora ibi ntibiruhije,
ntibitwaye amafaranga, igihe kinini n’akazi kenshi. Ahari ubushake haboneka
ubushobozi.
Ubumwe n’ubwiyunge
Perezida Kagame aherutse kwemeza kurekura abicanyi ibihumbi mirongo ine kubera ko ngo bemeye uruhare bagize mu guhekura u Rwanda, n’ubwo batigeze bicuza ubugome bwabo cyangwa ngo basabe imbabazi abacitse ku icumu kubera imiryango yabo barimbuye. Nyamara hari imfungwa ibihumbi ziborera muri gereza kandi yenda zishobora kuba ari abere. Abagaye icyo gikorwa cyangwa aberekanye ko byabateye impungenge, Leta ivuga ko barwanya « ubumwe n’ubwiyunge ». Ubumwe n’ubwiyunge bizashoboka ari uko hari ubutabera nyakuri, buhana abagize amarorerwa bukarenganura abahemukiwe. Ubumwe n’ubwiyunge buzaza ari uko umunyarwanda wese afitiye Leta iriho icyizere. Leta imeze nk’itumva ubumwe n’ubwiyunge icyo bivuga. Abantu biyunga ari uko bahemukiranye.
Ikindi gitangaje ni uko Leta iriho
ishyiraho agahato abarokotse kwiyunga n’abagizi ba nabi kandi batari bigeze
bicuza cyangwa ngo banabasabe imbabazi. Ntaho byabaye ngo uwahemukiwe ategekwe
ku ngufu kubabarira uwamwiciye. No kuvuga ko hagomba kuba ubumwe n’ubwiyunge,
ibyo ntawe ubyanze kuko twese twifuza ko abanyarwanda bongera bakabana neza nka
mbere. Kuvuga ngo abanyarwanda nibiyunge, ni ukuvuga ko bose bicanye kandi atari
byo. Hari abanyarwanda miliyoni z’abere. Abicanyi barazwi.
Igihe
kirageze ko amagambo ashyirwa mu bikorwa. Ntitwari dukwiye kujya mu cyunamo
nk’abagiye kureba umupira cyangwa kwumva amagambo y’abanyapoliki. Ni byiza
kwibuka abapfuye ariko ni na ngombwa kutibagirwa abo basize inyuma, abo
bapfakazi n’imfubyi zitagira kivuna. Umugani w’icyongereza ni wo
uvuga ngo «actions speak louder than words ». Amagambo ntacyo
avuze igihe atajyanye n’ibikorwa. Ishyaka AMAHORO rirashimira abanyarwanda
bose, ku giti cyabo cyangwa
bikubiye mu mashyirahamwe, bagerageza
uko bashoboye ngo bafashe banifatanye n’abacitse ku icumu. Ishyaka AMAHORO
ryifatanije n’igihugu cyose kandi
riri kumwe n’abarokotse muri iki gihe cyo kwibuka abanyawanda
barenganye bagapfa urw’agashinyaguro kandi rinabijeje guhora ribazirikana.
Alexandre Kimenyi, Perezida
AMAHORO People’s Congress