ISHYAKA AMAHORO

http://newrwanda.org

 


ITANGAZO 003/Vol. II/2002 Ku ifungwa ry'uwahoze ari Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa PASTERI BIZIMUNGU

Ishyaka AMAHORO, rigamije kubogora ubumwe bw’abanyarwanda no kubaka igihugu kigendera ku mategeko, riramenyesha abanyarwanda n’amahanga icyo ritekereza ku buryo ubutegetsi bw’u Rwanda bukomeje gufunga uwahoze ari Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Pasteur Bizimungu mu nzira zidakwiranye n’uruhare rwiza n’ubutwari yagaragaje mu mateka y’Igihugu (mu yandi matangazo 2, tariki 3 Kamena 2001 na tariki 24 Mata 2002, ishyaka rikitwa ARENA ryanditswe ku ihohoterwa rye). Taliki ya 19 Mata 2002, nibwo Nyakubahwa Pasteri Bizimungu n'uwahoze ari ministiri muri guverinoma y’Ubumwe n’Ubwiyunge Karoli Ntakirutinka batawe muri yombi bashinjwa ibirego binyuranye ariko mu by'ukuri bazira ko bashinze ku mugaragaro  kandi bitanyuranyije n’amategeko ishyaka rya politiki no gutangaza ibitekerezo bya bo.

Ishyaka AMAHORO rikomeje kubabazwa n’akamenyero ubutegetsi bw’ i Kigali bwihaye ko gukemura ibibazo bya politiki ikoresha "ubutabera" n'ububasha ifite bwo gufunga no gufungura uwo ishatse hadakurikijwe uburemere bw'ibyaha n'amategeko agena ibyo bikorwa.

Ishyaka AMAHORO risanga igikorwa cyo kwambura uwo ari we wese uburenganzira bwe bwo kwishyira akizana gikomeye ku buryo Leta itabikinisha mu kwikiza abatavuga rumwe nayo muri politiki. Ubwo burenganzira ni ibanze ku buryo ngo abantu batapfa kubuvutswa ngo bafungwe biherere aho byitwa ko amaperereza agikomeza, n'imanza zisubikwe ubuzira herezo.

Ishyaka AMAHORO rinasanga abacamanza bagomba guhabwa ubwisanzure busesuye mu mirimo ya bo ifatiye runini igihugu cyacu  n’ubwiyunge hagati y'abana ba cyo.

Ishyaka AMAHORO ribona uwahoze ari Umukuru w_igihugu, Nyakubahwa Pasteur Bizimungu na mugenzi we Karoli Ntakirutinka baburana bari hanze, icyaha cyabahama akaba ari bwo bahabwa igihano urukiko rwabagenera.

Ishyaka AMAHORO rirasaba ko umutekano wa Nyakubahwa Pasteur Bizimungu na Bwana Karoli Ntakirutinka wubahirizwa kandi ryamaganye ryivuye inyuma ko mu Rwanda hakomeza kubaho imfungwa za politiki nk’izivugwa by’umwihariko muri iri tangazo.

Turasaba dukomeje abafite uruvugiro mu butegetsi bw’i Kigali kureka gukoresha ubutabera mu kwikiza ababubangamiye haba muri politiki haba no ku giti cya bo, babashinja ibyaha by’impitagihe cyangwa ibitarabonerwa gihamya. Kugira ngo ubutabera nyakuri bushinge imizi birakwiye ko ibyaha byajya bikurikiranwa n’inzego zibishinzwe ntihabeho abanyabyaha badakurikiranwa n’abere baryozwa ko babangamiye inyungu z’agatsiko k’abantu bari ku butegetsi.

Ishyaka AMAHORO rirahamagarira ibihugu by’incuti n’imiryango nterankunga gukurikiranira hafi ibintu bibi bibera mu Rwanda bagatanga inkunga cyane cyane mu rwego rw'ubutabera n'ubucamanza babufasha kwigenga no kudakoreshwa ibidafitanye isano n'inshingano zabwo zo kurenganura abaturage no kurengera inyungu rusange. Imfashanyo zitangwa mu nzego zinyuranye zikwiye kugendana n’uburyo ubutegetsi bw’u Rwanda bwubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu, ubwigenge bw’ubucamanza no kwimika ubutabera nyakuri. Amahanga akwiye gufasha abanyarwanda kumvisha abayobozi b’u Rwanda ko ubutabera bufatiye runini igihugu kandi ko kugira ngo umuco wo kudahana urimbuke burundu, ubutabera butakomeza gukorehswa mu nyungu za bamwe.

Ishyaka AMAHORO rihamagariye cyane cyane abanyarwanda bose gukurikiranira hafi ibikorwa byo gufunga no gufungura abaturage mu buryo budafututse cyangwa bunyuranye n'amategeko no kubimenyesha imiryango ishinzwe uburenganzira bw'ikiremwamuntu, ibinyamakuru, abamenyeshamakuru, abahagarariye ibihugu bya bo mu Rwanda n’ibiro ntaramakuru. Umugani utwigisha ko “Inkoni ikubise mubeka uyirenza urugo” ukwiye kutwumvisha ko ibikorerwa Pasteri Bizimungu, Karoli Ntakirutinka ndetse na ba Mbanda Yohani, Yozefu Mugenga, Koloneli Stanisilasi Biseruka, Gakwandi n’abakozi ba banki BACAR n’abandi benshi, bucya byatugezeho.

Ishyaka AMAHORO rirasaba Leta y’u Rwanda gushyiraho itegeko rigenga uwahoze ari umukuru w'igihugu n’abandi banyacyubahiro bitangiye igihugu ribaha ubudahangarwa ku buryo badashobora gufungwa ingwatiramubiri no gusakwa n’ubonetse wese. Iryo tegeko ryanagena uburyo budasubirwaho ibyo bagenerwa mu rwego rwo kutabatesha agaciro, kubungabunga umutekano wa bo n’amabanga y'igihugu bafite. Ibi byatuma abayobozi bakuru bose bakorera mu ituze, badasahurira hanze bateganya guhunga igihe batazaba bakiri ku butegetsi.

Bikorewe i Sacramento,  USA, 18 Nyakanga 2002.  

Alexandre Kimenyi

Prezida w’Ishyaka AMAHORO.